Yanditswe Nov, 09 2017 11:34 AM | 6,493 Views
Abayobozi ba za komisiyo zishinzwe amatora muri Afrika bateraniye mu nama y'iminsi 2 i Kigali, basanga urubyiruko rukwiye kwinjizwa mu mitegurire n'imigendekere myiza y'amatora muri Afrika, kuko ari bo ahanini bashorwa mu bikorwa bibi mbere na nyuma y'amatora. Komisiyo zishinzwe amatora, abahagarariye izi nzego bemeza ko imikorere yazo ibangamirwa rimwe na rimwe n’abanyapolitiki baba bifuza gutsinda amatora uko byagenda kose. Prof. Attahiru Jega, wabaye Perezida wa komisiyo y'amatora mu gihugu cya Nigeria avuga ko ibi ari byo ahanini bikurura imvururu mbere y'amatora, mu gihe aba cyangwa na nyuma yayo. Yagize ati, "Ikibazo gikomereye komisiyo z'amatora wenda nko muri Nigeria, ni imikoranire hagati yazo n'abanyapolitike ku buryo butabogamye: ibihugu byinshi muri afrika na Nigeria irimo abantu bajya muri politiki bishyizemo ko bagomba gutsinda byanze bikunze, ibyo bitera imvururu, inzangano. Komisiyo z'amatora zikeneye gukora kinyamwuga."
Usibye kuba bamwe mu bayobozi muri Afrika badakozwa ibyavuye mu matora, haniyongeraho uruhare rw'urubyiruko mu bikorwa bya politiki muri rusange n'iby'amatora by'umwihariko. Prof Kalisa Mbanda, Perezida wa komisiyo y’igihugu y'amatora mu Rwanda ashima uruhare urubyiruko rugira mu matora. Ati, "Mu Rwanda urubyiruko ruradufasha cyane, mu bakorerabushake bacu abenshi ni urubyiruko bigatuma amatora adahenda igihugu, bagakangurira abaturage kuyitabira, bagatora n'urubyiruko ruzabahagarira mu nzego zose kugirango bagire uruhare bitari mu matora gusa no mu iterambere ry'igihugu."
Abahagarariye za komisiyo z’amatora baturutse mu bihugu 48 kuri 54 bigize Afrika, ni bo bitabiriye iyi nama. Bavuga ko hari ikibazo cy'uko hamwe na hamwe muri Afrika ibiva mu matora komisiyo ziyashinzwe zitangaza bitemerwa, bigakurikirwa n'imvururu.
Afrika ituwe n'abaturage bagera kuri miliyari 1.2 muri bo 65% ni urubyiruko. Ambasaderi Minata Samate komiseri ushinzwe politike mu muryango wa Afrika yunze ubumwe avuga ko nta mahitamo yandi Afrika ifite usibye guha urubuga urubyiruko rukagira uruhare muri politiki y'ibihugu byabo.
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru