Yanditswe Mar, 24 2017 14:42 PM | 2,195 Views
Mu gihe u Rwanda rwitegura kwibuka ku nshuro ya 23 Jenoside yakorewe Abatutsi,Komisiyo y'Imibereho myiza muri Sena irasesengura iyubahirizwa ry'ihame ryo guca burundu amacakubiri mu Banyarwanda .
Komisiyo y'igihugu ishinzwe kurwanya Jenoside iravuga ko hamaze guterwa intambwe ikomeye mu guca amacakubiri no kurwanya ingengabitekerezo ya Jenoside .Ibi umuyobozi ushinzwe amategeko muri CNLG Bideri Diogene yabibwiye abasenateri bagize Komisiyo y'Imibereho myiza kuri uyu wa Gatanu,mu gikorwa barimo cyo kuganira n'inzego zitandukanye bagenzura iyubahirizwa ry'ihame ry'itegeko Nshinga ryo kurandura amacakubiri yaba ashingiye ku moko no kubindi ariko avuga ko uru ari urugendo rukomeza.
Komisiyo y'igihugu yo kurwanya Jenoside igaragaza ubukangurambaga,ubutabera ndetse na gahunda za Leta zitandukanye zigamije kuzamura imibereho y'abaturage nka bimwe mu bituma abanyarwanda biyumvamo ubunyarwanda kuruta kwirebera mu bindi byabatandukanya ariko ibi ntibibuza abasenateri kuvuga ko hari ibikwiye gukorwa mu kurushaho kubinoza.
Ukurikije ubukana bwa Jenoside guhangana n'ingaruka zayo bisaba urugendo n'ubufatanye bw'inzego zitandukanye nk'uko abasenateri babyemeranyaho n'inzego zitandukanye baganira gusa Umuyobozi wa Komisiyo y'Imibereho myiza muri Sena Niyongana Gallican avuga ko nta bibazo byihariye byatumye itangira gucukumbura ibijyanye n'iyubahirzwa ry'ihame yo guca burundu amacakubiri .
Ubushakashatsi bwa Komisiyo y'ubumwe n'ubwiyunge bugaragaza ko igipimo cy'ubumwe n'ubwiyunge kigeze kuri 92% mu gihe ngo abagera kuri 30% bakibona mu ndorerwamo z'amoko.
Umubare w'abasoje amasomo muri UR muri 2023 ukubye inshuro hafi 3 uwayasoje mu myaka 30 mbere y ...
51 minutes
Soma inkuru
FRVB ihanze amaso Petit Stade nk’igisubizo cy’ibibazo byo kutagira ibibuga bigezweho
2 hours
Soma inkuru
Polisi yasabye abatwara ibinyabiziga kwitwararika muri ‘Weekend’ ndende
4 hours
Soma inkuru
Umujyi wa Musanze n’uwa Jinhua wo mu Bushinwa byinjiye mu bufatanye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Abaganga ba Kanseri mu Rwanda bariyongereye
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Mu bimukira 2242 bageze mu Rwanda bavuye muri Libya, 1621 bimuriwe ahandi
Mar 28, 2024
Soma inkuru
Kuki Intara y'Amajyaruguru ikomeje kugaragaramo ibipimo biri hejuru mu bana bafite imirire mibi ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru
MINEMA yasobanuye uko ikomeje gufasha abibasiwe n'ibiza biheruka kwibasira uduce tumwe tw' ...
Mar 27, 2024
Soma inkuru