AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Kaminuza ya Gitwe iracyategereje mu gihe INES yo hari amashami yafunguwe

Yanditswe May, 30 2017 15:21 PM | 3,142 Views



Inama y'igihugu y'amashuli makuru na kaminuza, HEC, yatangaje ibyavuye mu isuzuma ryakorewe kaminuza ya Gitwe n'ishuli rikuru rya INES Ruhengeri zari zafungiwe amwe mu mashami yazo zikavuga ko zakosoye ibyasabwaga.

Ishuri rikuru rya INES Ruhengeri ryafunguriwe amashami abiri muri atanu yafunzwe, naho Kaminuza ya Gitwe nta shami na rimwe ryakomorewe mu yo bari bayifungiye.

Dr. Muvunyi Emmanuel uyobora inama y'amashuli makuru na kaminuza yasabye abayobora ibi bigo kuzatumira abahagarariye abanyeshuri mu bigo byafunzwe n’ibyafungiwe amashami kugira ngo babasobanurire ibyavuye mu isuzuma bakorewe.

Gusa ngo igenzura ryasanze hari ibintu bike bagomba gutunganywa mbere y’uko bafungurirwa, bigakorwa mbere ya Nzeri uyu mwaka.

Nko mu ishuri rikuru rya INES-Ruhengeri amashami ya Computer na Biotechnology Plant agomba gufungurwa akongera gukora, ariko andi mashami bafunze agakomeza gufungwa.

Amashami yakomeje gufungwa nka Civil Engeneering basabye ko ribanza rikongererwa ibitabo n’abarimu, Food Processing bakabanza bakayiha Laboratoire ifite abakozi bahagije kandi babizi n’ibikoresho bihagije ndetse bagatandukanya ibyumba byayo.

Naho muri kaminuza ya Gitwe ho, amashami y'ubuforomo n’ubuganga nta na rimwe ryafunguwe.

Mu ishami ryo kubaga (Surgery) ngo bakeneye abarimu benshi kuko ngo basanze umwarimu umwe yigisha abanyeshuli 60 kandi amabwiriza ateganya ko umwalimu aba agomba kwigisha abanyeshuri 10.

Ibi bigo nibigeza muri Nzeri uyu mwaka bitaratunganya ibyo byasabwe nyuma y’isuzuma ngo bizafungwa burundu.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama