Yanditswe Dec, 27 2016 18:36 PM | 2,835 Views
Mu gihe abanyarwanda bakomeje kwegereza impera z’umwaka w’2016 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifurije ingabo z’igihugu umwaka mushya muhire w’i 2017.
Muri ubu butumwa umukuru w’igihugu yongeye gushimira ingabo z’u Rwanda kubera ubwitange zidahwema kugaragaza mu kazi kazo ka buri munsi zirinda abaturage n'ubusugire bw'igihugu, nk’uko zakomeje kubigaragaza muri uyu mwaka urimo gusozwa.
Umukuru yagize ati’ Ubwitange n’ibikorwa byanyu byatumye haboneka ituze n’umutekano mu gihugu aribyo shingiro ry’ibindi bikorwa by’iterambere.
Muri uyu mwaka turangije wa 2016, abaturage bakomeje kubagagariza icyizere gisesuye. Nta kiruta ibyo…
Na none, ubwitange n’ubunyamwuga bwanyu mukomeje kugaragaza mu kazi, bwatanze umusaruro mwiza mu gukemura ibibazo bikomeye byagaragaye hirya no hino k’umugabane w’Afurika. Mu bwitonzi ariko mukagera ku ntego, mwatanze ubufasha mu kugarura icyizere aho cyari gikenewe…
Ba Ofisiye, namwe basirikare bato bagize Ingabo z’u Rwanda, nk’uko twegereje kwinjira mu mwaka mushya wo kwitangira abaturarwanda, uyu ni umwanya wo kwizusuma, tugatekereza ku byagezweho n’ingorane twahuye nazo muri uyu mwaka, n’ingamba zafatwa kugira ngo turusheho gukomeza gukora neza.
Ibyo tubona mu karere no hirya no hino ku Isi n’ibyo
twigishwa n’amateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’u Rwanda zitagomba guhuga,
ahubwo zigomba gukomeza umurego no kurushaho kuba maso.
Mushobora guhamagarirwa inshingano zanyu igihe icyo aricyo cyose. Kandi
mugomba guhora mwiteguye kuzuza inshingano uko bikwiye haba mu gihugu n’ahandi
mu mahanga ku bw’ituze n’umutekano.
Nimukomera ku ndangagaciro ziranga Ingabo z’u Rwanda zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu, ubunyamwuga n’ubutwari, sinshidikanya ko muzakomeza kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.
Buri gihe mugomba kwibuka ko ari mwe abanyarwanda bafitiye ikizere nk’Ingabo z’u Rwanda , abana barwo bitangiye kururinda no kururengera.
Mu byo muteganya gukora muri uyu mwaka mushya, mu byo mutekereza byose mujye muzirikana icyateza iki gihugu imbere.
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru