AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Perezida Kagame yifurije ingabo umwaka mushya muhire anabashimira ibikorwa byabo

Yanditswe Dec, 27 2016 18:36 PM | 2,835 Views



Mu gihe abanyarwanda bakomeje kwegereza impera z’umwaka w’2016 Perezida wa Repubulika Paul Kagame yifurije ingabo z’igihugu umwaka mushya muhire w’i 2017.

Muri ubu butumwa umukuru w’igihugu yongeye gushimira  ingabo z’u Rwanda kubera ubwitange zidahwema kugaragaza mu kazi kazo ka buri munsi zirinda abaturage n'ubusugire bw'igihugu, nk’uko zakomeje kubigaragaza muri uyu mwaka urimo gusozwa.

Umukuru yagize ati’ Ubwitange n’ibikorwa byanyu byatumye haboneka ituze n’umutekano mu gihugu aribyo shingiro ry’ibindi bikorwa by’iterambere.

Muri uyu mwaka turangije wa 2016, abaturage bakomeje kubagagariza icyizere gisesuye. Nta kiruta ibyo…

Na none, ubwitange n’ubunyamwuga bwanyu mukomeje kugaragaza mu kazi, bwatanze umusaruro mwiza mu gukemura ibibazo bikomeye byagaragaye hirya no hino k’umugabane w’Afurika. Mu bwitonzi ariko mukagera ku ntego, mwatanze ubufasha mu kugarura icyizere aho cyari gikenewe… 

Ba Ofisiye,  namwe basirikare bato bagize Ingabo z’u Rwanda, nk’uko twegereje kwinjira mu mwaka mushya wo kwitangira abaturarwanda, uyu ni umwanya wo kwizusuma, tugatekereza ku byagezweho n’ingorane twahuye nazo muri uyu mwaka, n’ingamba zafatwa kugira ngo turusheho gukomeza gukora neza.

Ibyo tubona mu karere no hirya no hino ku Isi n’ibyo twigishwa n’amateka yacu bitwibutsa ko Ingabo z’u Rwanda zitagomba guhuga, ahubwo zigomba gukomeza umurego no kurushaho kuba maso.
Mushobora guhamagarirwa inshingano zanyu igihe icyo aricyo cyose.  Kandi mugomba guhora mwiteguye kuzuza inshingano uko bikwiye haba mu gihugu n’ahandi mu mahanga ku bw’ituze n’umutekano. 

Nimukomera ku ndangagaciro ziranga Ingabo z’u Rwanda zirimo ikinyabupfura, gukunda igihugu, ubunyamwuga n’ubutwari, sinshidikanya ko muzakomeza kuzuza inshingano zanyu uko bikwiye.

Buri gihe mugomba kwibuka ko ari mwe abanyarwanda bafitiye ikizere nk’Ingabo z’u Rwanda , abana barwo bitangiye kururinda no kururengera. 

Mu byo muteganya gukora muri uyu mwaka mushya, mu byo mutekereza byose mujye muzirikana icyateza iki gihugu imbere.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira