AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Itegeko rituma abagore babyaye baruhuka ibyumweru 12 bishyurwa ryasohotse

Yanditswe May, 23 2016 15:55 PM | 3,261 Views



Itegeko ryemerera abagore bibarutse kuruhuka ibyumweru 12 ndetse bakabona n’umushahara wabo wose ryasohotse mu igazeti ya Leta. Iki cyemezo cyashimishije benshi mu bagore bemeza ko iri tegeko rikuyeho imbogamizi bahuraga nazo.

Iri tegeko ryasohotse mu igazeti ya Leta N°003/2016 yo ku wa 30/03/2016 ryemerera umugore wabyaye kuruhuka amezi atatu ndetse akanahabwa n’umushahara we wose.

Ukurikije uko itegeko risimbuwe ryari rimeze Umugore wabyaraga yahembwaga ibyumweru bitandatu umushahara we wose, ibindi bitandatu bisigaye agahabwa kimwe cya kabiri cyawo cyangwa se agahita agaruka ku kazi kugira ngo utazagabanywa.

Ikigo cy'igihugu cy'ubwiteganirize RSSB kivuga ko amafaranga 0,6% ari wo musanzu uzajya utangwa mu Ishami ryo guteganyiriza ababyeyi muri RSSB, aho buri kwezi umukozi wese azajya akatwa 0,3% n’umukoresha agatanga 0,3%.



Umusomyi

Iyi nkuru ntabwo isesenguye. Ibikubiye muri iri tegeko bitangira gukurikizwa ari uko umugore amaze nibura ukwezi kumwe akatwa ariya mafaranga ajya muri RSSB May 25, 2016


Hitimana Philippe

RSSB nisobanure neza ibi bintu: Ese ni buri mukozi wese yaba umwana, umugabo, umugore ,umukobwa cg umusore uzajya atanga ariya 0.3%? Bizatangira ryari? Declarations zizajya zikorwa zite? Dukeneye ibisobanuro byimbitse vuba hato ejo tudacibwa amande kandi tutarahawe ibisobanuro kare. Dec 04, 2016


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize