AGEZWEHO

  • Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira – Soma inkuru...
  • Abarinzi b'Igihango basabye urubyiruko gukunda Igihugu no kwirinda amacakubiri – Soma inkuru...

Inyingo ku musaruro ushobora kuva ku migano mu kuzamura ubukungu bw'igihugu

Yanditswe Sep, 28 2017 22:09 PM | 6,392 Views



U Rwanda ruri gukora inyigo ku gihingwa cy’imigano kugirango nayo igire uruhare mu kuzamura umusaruro ukomoka ku mashyamba. Uretse kuba imigano irwanya isuri, bamwe mu baturage bayikoramo ibikoresho binyuranye bavuga ko ari igihingwa gikwiye kwitabwaho kuko umusaruro uvamo wahinduye imibereho yabo.

Kugira ngo imigano imenyekane kurushaho, harimo gukorwa inyigo izafasha kumenya umutungo w'imigano u Rwanda rufite, ubuso iteyeho n'ubwoko bwayo, ndetse n'ubwoko bw'imigano buberanye n'ikirere cy'u Rwanda. Umuyobozi Mukuru w'ikigo gishinzwe ubutaka n'amashyamba Prime Ngabonziza yagize ati, "Dufite hegiteri zigera hafi 800 ziteyeho imigano. Ariko iyo ugiye kureba, ese iyo migano isarurirwa igihe, ese iyo migano iyo isaruwe nta kindi cyakorwamo, uretse intebe cyangwa se ameza? Cyane ko twumva ko mu bindi bihugu hari ubwoko bw'imigano iribwa. Ese iyo migano iribwa, hano mu Rwanda ntabwo yahera? Ese imigano ikorwamo ibindi bintu by'agaciro, twebwe ntitwayitera, noneho tugashyigikira na gahunda ya leta yo gukoresha ibyo twikoreye twebwe nk'abanyarwanda?


Biteganyijwe ko inyigo iri gukorwa ku migano izaba yarangiye mu kwezi gutaha kwa 10, ariko imigano yo imaze igihe ihingwa inakorwamo ibikoresho binyuranye. Abatangiye kuyibyaza umusaruro bakaba bavuga ko umugano ari igihingwa kibyazwamo ibikoresho binyuranye, kandi bikaba bibatunze. 

Hirya no hino mu gihugu hagiye hahingwa imigano, ndetse ikaba inatuburwa kugira ngo haboneke ingemwe nyinshi kurushaho. Umuyobozi Mukuru w'ikigo gishinzwe ubutaka n'amashyamba Ngabonziza Prime akomeza avuga ko hari na gahunda yo gukorana n'abashoramari, kugira ngo umusaruro w’imigano urusheho kwiyongera. Muri rusange, amashyamba yinjiza hagati ya 13% na 15% mu bukungu bw'igihugu, guteza imbere imigano bizarushaho kuzamura uwo musaruro.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid