AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Ingabo z'u Rwanda zasoje imyitozo yo kubungabunga amahoro yabera muri Bangladesh

Yanditswe Mar, 14 2018 15:46 PM | 17,773 Views



Imyitozo ya gisirikare yari imaze ibyumweru bitatu igamije kubungabunga amahoro, iyo myitozo yiswe “Shanti Doot-4”(ambasaderi b’amahoro) yashojwe kuwa 12 Werurwe 2018.

Iyi myitozo yitabiriwe n’ingabo z’u Rwanda, yaberaga muri Bangladesh mu kigo gishinzwe gutanga amahugurwa ku bijyanye no kubungabunga amahoro, (Bangladesh Institute of Peace Support Operations Training Centre).

U Rwanda nicyo gihugu cyonyine cyo ku mugabane wa Afurika mu bihugu 24 byari byatumiwe muri iyo myitozo, mu gihe ibyinshi byari ibyo muri Aziya, Leta Zunze Ubumwe z’Amerika, n’u Bwongereza. 

Asoza iyo myitozo Professor Dr. Gawher Rizvi, umujyanama wa Minisitiri w’intebe wa Bangladesh mu bijyanye n’ububanyi n’amahanga, yabwiye abasoje iyo myitozo ko ubumenyi n’ubunararibonye bahanahanaga mugihe bamaze muri iyi myitozo buzafasha ibihugu byabo.

Lt. Col. Theodore Gakuba wagiye ayoboye ingabo z’u Rwanda muri iyo myitozo, yabwiye itangazamakuru ry’ingabo z’u Rwanda ko amasomo y’ingenzi bakuye muri iyo myitozo ko ari uburyo bwo guhuza ubunararibonye mu bijyanye no gutegura abasirikare bajya kubungabunga amahoro.

Iyi myitozo yiswe “Shanti-Doot 4” yateguwe n’ubuyobozi bw’Ingabo za Leta zunze ubumwe za Amerika ishami ryazo rikorera mu Nyanja ya Pacific bafatanyije na Global Peace Support Initiatives na leta ya Bangladesh nki gihugu cyakiriye iyo myitozo.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura