AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Inama ku mihandagurikire y'ikirere yiswe COP22 yakomereje muri Maroc

Yanditswe Nov, 07 2016 12:08 PM | 2,112 Views



I Marrakech muri Maroc hatangiye inama ya 22 yiga ku mihindagurikire y’ibihe, yiswe COP22, ihuje abafite aho bahuriye n’ibidukikije, bigira hamwe icyakorwa n’inzego zitandukanye hagamijwe gushyiraho ingamba zo kurwanya imihindagurikire y’ibihe.

Iyi nama izageza ku itariki ya 18, izanitabirwa n'abayobozi batandukanye bo hirya no hino ku isi barimo abakuru b'ibihugu. Ikinyamakuru Jeuneafrique cyanditse ko ku mugabane wa Afrika, abakuru b'ibihugu bagera muri 26 bamaze kwemeza kwitabira iyo nama.

Muri bo harimo na perezida w'u Rwanda Paul Kagame. U Rwanda rusobanura ko muri iyi nama ruzibanda ku ruhare rwarwo mu kubahiriza amasezerano ya Paris no kugera ku ntego rwiyemeje.

Ikindi ngo ni uko ibihugu byinshi bishyira imbere ingamba zo kwita ku mihindagurikire y’ibihe kandi inkunga yemerewe ibihugu ngo bishyire mu bikorwa amasezerano ya Paris n’aya Kigali ku mihindagurikire y'ibihe ikaboneka. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama