AGEZWEHO

  • Rusizi: Minisitiri Ngabitsinze yaburiye abanze kubaka ibibanza bahawe ko bashobora kubyamburwa – Soma inkuru...
  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...

Ikibazo cyo kubaka hafi cyangwa munsi y'ibikorwaremezo by'amashanyarazi

Yanditswe Oct, 22 2018 21:48 PM | 11,035 Views



Abatuye munsi n'abegereye imiyoboro migari y'amashanyarazi barifuza ko bahabwa ingurane z'ibikorwa byabo, bakabona kujya gushaka ahandi batura. Ibyo barabitangaza mu gihe ikigo cy’igihugu gishinzwe amashanyarazi REG kimaze iminsi gitanga ubutumwa busaba abaturage kuvana ibikorwa byabo ahegereye imiyoboro migari y'amashanyarazi.

Mu butumwa bwo kwamamaza ikigo REG kimaze iminsi gitambutsa mu bitangazamakuru binyuranye humvikanamo gusaba abaturage kwigizayo ibikorwa byabo kuri m 12,5 ku begereye imiyoboro migari(Haute tention na metero 6 kuri moyenne tention.

Abegereye iyo miyobozo bemera iterambere rishingiye ku muriro w'amashanyarazi, ariko bakaba basanga iki kibazo gikwiye kuganirwaho kugira ngo batazabihomberamo cyane ko bubatse basatiriye iyo miyoboro badasobanukiwe n’ingaruka zababayo.

Umuyobozi ushinzwe imiyoboro migari y’amashanyarazi mu kigo gishinzwe gutanga no gukwirakwiza amashanyarazi mu Rwanda EUCL Pascal Mutesa, yemeza umuti w’iki kibazo waboneka binyuze mu biganiro hagati yimpande bireba

Nta barura rirakorwa ngo hamenyekane umubare w’abatuye munsi cyangwa abegereye imiyoboro migari y’amashanyarazi, ariko nk’uko ubuyobozi bwa EUCL bubitangaza, ngo abenshi bagiye batura bahasanga iyo miyoboro bakagenda bayisatira kugeza ubwo bayigiye munsi. Umuyoboro wa mugari wa Haute Tention ushobora kugira umuriro ungana kilovolte 110 naho uwa Moyenne tention ukagira kilovolte hagati ya 15 na 30 bitewe n’aho uherereye.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu