Yanditswe Sep, 21 2016 16:21 PM | 1,464 Views
Komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge ivuga ko 97 ku ijana by'abanyarwanda bishimira umutekano bafite ariko kandi hakaba abandi banyarwanda 25 ku ijana bavuga ko hakiri abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside.
Ibi byagarutsweho kuri uyu wa
gatatu ubwo u rwanda riwfatanyaga n'ibihubu byo ku isi kwizihiza umunsi
mpuzamahanga w'amahoro.
Mu Rwanda umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro wabimburiwe no kuhira igiti cy'amahoro kimaze imyaka 2 gitewe.
Uyu munsi ubaye mu gihe ubushakashatsi buheruka gukorwa na komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge bugaragaza ko 97 ku ijana bishimira umutekano bafite.
Ni mu gihe 96 ku ijana bavuga ko bishimiye uburyo babanye n'inzego z'umutekano ndetse 96 ku ijana nanone bakavuga ko biteguye guhangana n'uwazana amacakubiri.
Umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y'igihugu y'ubumwe n'ubwiyunge Fidele NDAYISABA avuga ko ibintu byose atari shyashya, "abanyarwanda bagaragaza yuko habayeho kujenjeka, hatabayeho ubuyobozi bwiza n'imbaraga ziriho zigaragara za leta ku mategeko ariko no mu mikorere y'inzego ko hari abagerageza kongera gukora Jenoside ibyo ngibyo birumvikana bikajyana nuko hari nanone abanyarwanda 25 ku ijana bagaragaza impungenge yuko hari abagifite ingengabitekerezo ya Jenoside"
Kuva mu mwaka wa 2014 Umuryango NEVER Again Rwanda utegura ibiganiro bihuriza hamwe urubyiruko aho bibanda ku kureba uburyo baharanira amahoro ariko nyuma bakanayabumbatira.Uyu mwaka abasaga 500 bagiranye ibiganiro n'abagize inteko ishinga amategeko n'abandi bayobozi bakuru b’igihugu.
Mu ntego ya 16 ya gahunda zo kwihutisha iterambere SDG's igaragaza ko hagomba kwitabwa ku byiciro byihariye ariyo mpamvu insanganyamatsiko y'uyu mwaka yibanda ku rubyiruko.Umunsi mpuzamahanga wahariwe amahoro washyizweho n'inteko rusange y'umuryango w'abibumbye mu mwaka w'1981
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru