Yanditswe Jan, 13 2018 22:19 PM | 5,401 Views
Akanama k’abaminisitiri 10 b’imari bahagarariye uturere 5 tugize umugabane wa Afurika, bahuriye mu Rwanda barebera hamwe ishyirwa mu bikorwa rya gahunda yo gutanga umusanzu ungana na 0.2 % by’umusoro ku bicuruzwa bimwe na bimwe byinjira mu bihugu bigize umuryango wa Afrika yunze ubumwe, ugenewe gutera inkunga ibikorwa by’uyu muryango.
Iyi nama yabereye i Kigali yarimo n'umuyobozi wa komisiyo y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe, Moussa Faki Mahamat wagaragaje uko kugeza ubu ibihugu bihagaze mu gutanga uyu musanzu byemeye ndetse anasaba ibikigenda biguru ntege gushyiramo imbaraga. Yagize ati, ''Ibihugu 12 byatangiye gukusanya umusanzu hashingiwe ku mubare twumvikanye. Ni ukuvuga ko mu gihe kitageze ku myaka ibiri turi hafi kugera ku mubare ufatika w'ibihugu byiyemeje gushyira mu bikorwa umwanzuro wafatiwe i Kigali...mboneyeho no gusaba ibindi bihugu kubishyira mu bikorwa, bareba ibikenewe cyane mu guteza imbere umugabane wacu. Ntabwo nirengagije ibibazo byagaragajwe na bimwe mu bihugu bigize umuryango, n'imbogamizi bishobora guhura nazo.''
Minisitiri w'Imari n'Igenamigambi Amb. Claver Gatete
yagarutse ku kamaro k’uyu musanzu mu guteza imbere umugabane wa Afurika, harimo
gutuma urushaho kwigira aho guhora uteze amaboko inkunga z’amahanga. Yagize ati, ''Uyu
musanzu uzatera inkunga ibikorwa by'umuryango wa Afurika yunze ubumwe ku kigero
cy'ijana ku 100, na 75% bya gahunda zitandukanye z'uyu muryango na 25%
azashyirwa mu bikorwa by'umutekano...ntabwo turi bugaruke ku bijyanye n'umwanzuro
wafashwe n'abakuru b'ibihugu byacu ahubwo turarebera hamwe uburyo washyirwa mu
bikorwa bisobanuye ko turi buganire ku mbogamizi za bimwe mu bihugu n'uburyo
twazirenga mu gushyirwa mu bikorwa icyemezo cyafashwe.''
Kugeza mu kwezi kw'Ukuboza 2017, Komisiyo y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe yari imaze kugeza ku bihugu 21 byari ku nzego zitandukanye zo gushyira mu bikorwa umwanzuro wo gukusanya 0.2% by’imisoro y'ibyinjira mu gihugu akagenerwa uyu muryango. Ibihugu bya Cameroon, Nigeria na Morocco nabyo byitabiriye iyi nama nyuma yo kugaragaza ubushake bwo kujya muri aka kanama.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru