Yanditswe Nov, 03 2016 14:26 PM | 2,928 Views
Guhera kuri uyu wa 4 ibiciro by'ibikomoka kuri peteroli byiyongereye. Litiro ya mazutu i Kigali yavuye ku mafaranga 888 igera kuri 948 ni ukuvuga ko yazamutseho amafranga 60 nk'uko ikigo ngenzuramikorere RURA cyabitangaje.
Naho Essence yo Litiro yiyongereyeho amafaranga 50 kuko yavuye kuri 864 ikagera kuri 914.
Mu itangazo ryashyizweho umukono na maj. Patrick Nyirishema, umuyobozi mukuru w'agateganyo wa RURA rigaragaza ko izamuka ry'ibi biciro ritazagira ingaruka ku biciro by'ingendo.
Ibiciro byari bisanzweho by'ibikomoka kuri petroli byaherukaga guhinduka tariki 2 z'ukwezi kwa 9 uyu mwaka, aho RURA yari yizeje ko nyuma y'amezi 2 izongera igatangaza ibindi bishya.
Mbere y'ibiciro byo mu kwa 9, mazutu na essence byaguraga Frw 948 litiro imwe.
Kuri ubu ku isoko mpuzamahanga ibiciro by'ibikomoka kuri petroli byazamutseho 35% hagati ya mutarama na Gicurasi.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru