AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Hari abashoferi bacomora utumashini tugabanya umuvuduko w'imodoka

Yanditswe Nov, 22 2018 00:10 AM | 2,331 Views



Abaturage batega imodoka rusange zitwara abagenzi baravuga ko nubwo hagabanutse umuvuduko ukabije, hakiri ikibazo cy’abashoferi bafite amayeri yo gucomora utumashini tugabanya umuvuduko tuzwi nka “speed governor”. Polisi y’u Rwanda iburira umushoferi ufatiwe muri aya makosa ko hari ibihano byabateganyirijwe birimo amende y'ibihumbi 50 ndetse n'igihano cy'igifungo.

Abakoresha ibinyabiziga bemera ko hari bamwe mu bashoferi bakora ayo makosa yo gucomora utumashini twa speed governor mu modoka batwaye bashaka kwihuta, rimwe na rimwe kubera umuvuduko ukabije bikabaviramo gukora impanuka zihitana ubuzima bw'abagenzi.

Polisi y'u Rwanda ivuga ko idashobora kwihanganira iyo myitwarire y’abashoferi kuko kuva hatangira gukoreshwa Speed governor habayeho igabanuka rya 20% by'impanuka zaberaga mu muhanda zaterwaga n'umuvuduko. 

Nk'uko bikubiye mu iteka rya perezida, uwo polisi isanze yacomoye mu modoka speed-governors cyangwa utugabanyamuvuduko ahanishwa amende y'ibihumbi 50 byámafranga y'u Rwanda, mu gihe iyo yabikoze yabigambiriye ashobora no guhanishwa igihano cy'igifungo. 

Abagenzi basabwa kutarebera amakosa akorwa n’abatwara ibinyabiziga, ahubwo bakajya bihutira kumenyesha inzego zibishinzwe hagamijwe gukumira impanuka



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize