AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Guinea:Perezida Kagame yavuze ko AU igiye kwita ku guteza imbere ubukungu

Yanditswe Apr, 24 2017 15:28 PM | 1,723 Views



Mu biganiro byabereye muri Guinea,Perezida Kagame yabanje gushimira mugenzi we Alpha Conde ndetse na Idris Deby ku mitegurire y'inama igamije impinduka mu muryango wa Afurika  yunze ubumwe.

Perezida Kagame yagaragaje ko ari ngombwa gushyira mu bikorwa ingamba zafashwe mu nama zitandukanye zahuje abakuru b'ibihugu bya Afurika, kandi bigashyirwamo imbaraga, bikaba mu byihutirwa kurusha ibindi.

Perezida Kagame yavuze ko Afurika yunze ubumwe igiye kwita cyane ku kongerera imbaraga imiryango y'ibihugu mu turere biherereyemo mu guteza imbere ubukungu, akaba ariyo ifata iya mbere, ndetse n'inzego z'uyu muryango zigakorana bya hafi n'abaturage.


Bimwe mu bizibandwaho kandi ni ukunoza imiyoborere y'umuryango wa Afurika yunze ubumwe, by'umwihariko mu buryo inama zawo ziyoborwa ndetse no kureba uburyo abazitabira batoranywa.

Imwe mu ngingo yindi yagarutsweho muri ibyo biganiro ni ukwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry'umwanzuro wo kwigira no kwishakamo ubushobozi ku muryango wa Afurika yunze ubumwe.

Kuri iyi ngingo, abakuru b'ibihugu bavugako ibi bizashingira ku mikorere inoze y'ubucuruzi hagati y'ibihugu, kandi hakabaho gukorera hamwe nk'abanyafrika kuko ngo nta wungukira ku mikorere mibi y'abandi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira