AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Gen. Nyamvumba yasabye abasirikare binjijwe muri RDF kurangwa n'imyifatire myiza

Yanditswe Dec, 29 2017 17:41 PM | 7,409 Views



Abasirikare bato bashya binjijwe mu ngabo z’u Rwanda (RDF) nyuma yo gusoza amasomo yabo y’ibanze ajyanye n’umwuga wo kurinda umutekano w’igihugu. Ni umuhango wabereye I Nasho mu karere ka Kirehe uyobowe n’umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen Patrick Nyamvumba.

Umugaba mukuru w’ingabo z’u Rwanda Gen. Patrick Nyamvumba yabwiye aba basore n’inkumi basoje amasomo y’ibanze ya gisirikare abinjiza mu ngabo z’u Rwanda kugira imyifatire myiza bagafatanya na bakuru babo basanze mu rugamba rwo kurinda no guteza imbere igihugu.

Umugaba Mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, Gen Patrick Nyamvumba wanavuze mu izina ry’Umugaba w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, Paul Kagame, Perezida wa Repubulika yabasabye kuzakora neza inshingano zabo ndetse no  kurangwa n’imyifatire myiza no gukunda umurimo.

Umuvugizi w’Ingabo z’u Rwanda, Lt Col Innocent Munyengango avuga ko abasirikare bashya binjiye muri RDF ari amaraso mashya mu rugendo rwo gukora igisirikare cy’umwuga gishobora kurangiza inshingano zacyo zo kurinda ubusugire bw’igihugu.

Aba basirikare bashya basoje amasomo yabo bari baratangiye mu kwezi kwa gatatu uyu mwaka.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu