AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Gatsibo: Minisitiri w'intebe Murekezi yifatanije n'abaturage mu muganda

Yanditswe Jul, 22 2016 12:16 PM | 1,370 Views



Kuri uyu wa gatanu minisitiri w'intebe Anastase Murekezi  yifatanije n'abatuye akarere ka Gatsibo mu muganda udasanzwe ushishikariza abanyarwanda guhinga kijyambere, no kubyaza umusaruro igihembwe cy’Ihinga 2016 C.Yanasuye kandi ibikorwa bitandukanye birimo umushinga wo gufata amazi, uzafasha abaturiye igishanga Rwangingo-Karangazi kuhira imyaka.


Minisitiri w'intebe Anastase Murekezi yavuze ko Kuva 2000 Leta yashyize imbaraga mu guteza imbere kuhira kuko bitanga umusaruro mwinshi kdi umwaka wose bikanarinda n'inzara. Asobanura ko guverinoma y'u Rwanda yiyemeje gukomeza kugoboka abaturage bahuye n’ikibazo cy’inzara kdi hari ingamba zo guhangana nacyo byihuse.

Mu rwego rwo guteza imbere kuhira, u Rwanda rwihaye intego yo kuzaba rwuhira ubutaka bungana nibura na 100,000 ha muri 2020. Aha niho Guverinoma y'u Rwanda inahera irakangurira abahinzi borozi gukoresha amahirwe yo kunganirwa ku nkunga ya 50% ku bikoresho byifashishwa buhira.Ibikorwa byo kuhira imyaka ni kimwe mu bisubizo birambye guverinoma y'u Rwanda igaragaza, bishobora gutuma abahinzi bakomeza ibikorwa byabo by'ubuhinzi haba mu gihe cy’imvura cyangwa mu mpeshyi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira