AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Gasutamo igiye gutangira serivisi hakoreshejwe uburyo bwa ASYCUDA

Yanditswe Oct, 09 2017 16:31 PM | 4,396 Views



Bitarenze mu kwezi kwa Mutarama umwaka utaha wa 2018, serivisi za gasutamo mu Rwanda zizatangira gukoresha uburyo bw'ikoranabuhanga hagamijwe kugabanya igihe gutanga izi serivisi bitwara. Ikigo cy'imisoro n'amahoro RRA kikavuga ko ibi byose bigamije koroshya no kugabanya ikiguzi cy'ubucuruzi mu Rwanda.

Ubu buryo bw'ikoranabuhanga bwubakiye mu busanzwe bukoreshwa muri serivisi za gasutamo ku rwego rw'Isi buzwi nka ASYCUDA, bwemejwe n'umuryango w'Isi wa gasutamo, World Customs Organisation.

Giuseppe DI CAPUA waturutse mu muryango w'Isi wa gasutamo urimo no guhugura abakozi ba gasutamo mu Rwanda ku mikorere y'ubu buryo, avuga ko bufite umwihariko mu kunoza serivisi za gasutamo: “Ibi bizatuma amakuru asanzwe agaragazwa n'uburyo bwa ASYCUDA abyazwa umusaruro, kuko ubu buryo bukoreshwa muri serivisi za gasutamo u Rwanda rumaze igihe rubukoresha ariko runabuhuriyeho n'ibindi bihugu byinshi byo hirya no hino mu Isi. Icyo ibi bizamara rero ni ugukoresha ayo makuru atangwa n'ubu buryo agafasha gusuzuma imikorere ya serivisi za gasutamo uhereye ku bijyanye no gutinda gutanga serivisi no gukusanya imisoro muri gasutamo, ariko ibyo byose bikanafasha koroshya ubucuruzi.”


Komiseri wa gasutamo mu kigo cy'igihugu cy'imisoro n'amahoro RRA, Raphael TUGIRUMUREMYI yatangarije RBA ko ubu buryo bw'ikoranabuhanga buje bwunganira ubwari busanzwe bukoreshwa muri gasutamo, gusa ubu bukaba buzatanga amakuru azashingirwaho n'inzego hakaba hafatwa ibyemezo bigamije kurushaho koroshya ubucuruzi.


Gukoresha ikoranabuhanga mu mitangire ya serivisi za gasutamo bije byiyongera ku bindi bikorwa mu rwego rwo koroshya ubucuruzi mpuzamahanga, harimo gutanga serivisi za gasutamo mu gihe cy'amasaha 24/24.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura