Yanditswe Jan, 02 2018 15:35 PM | 4,142 Views
Abagabo 2 bafungiye kuri station ya police ya Nduba mu karere ka Gasabo nyuma yo gukekwaho kwiba moto mu mujyi wa Kigali bagahungira muri uwo murenge.
Umuvugizi wa police mu mujyi wa Kigali Spt. Emmanuel Hitayezu avuga ko abo bakekwa bafatanywe moto zakoraga umwuga wo gutwara abagenzi, kuri ubu bakaba bari mu maboko ya police nyuma yo gutabwa muri yombi.
Aba bakekwaho ubujura bwa moto, babanje kwiba iyo basanze iparitse i Remera bayijyana i Nduba, bagezeyo na ho bahiba indi mu ga centre ka Gasanze, nyirayo yari mu kabari ayisiga imbere yako.
Abo basore 2 bivugwa ko baje gufatwa kubera ko batwaye iyo moto yo ku kabari ko muri Gasanze, bakahagaruka baje gutwara iyo bari bajeho mbere ari na yo bibye i Remera.
Police yibutsa ko ubujura buhanishwa ingingo ya 300 y'igitabo cy'amategeko ahana aho uhamwe na bwo ashobora gufungwa kuva ku mezi 6 kugeza ku myaka 2, n'ihazabu yikubye inshuro 2 cyangwa 5 z'agaciro kibyibwe.
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
1 hour
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
2 hours
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
4 hours
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru