AGEZWEHO

  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...
  • Amateka ya Mohamood Thabani warohoye imibiri y'Abatutsi mu Kiyaga cya Victoria – Soma inkuru...

Gasabo: Abakekwaho kwiba moto bafungiwe kuri sitasiyo ya polisi i Nduba

Yanditswe Jan, 02 2018 15:35 PM | 4,142 Views



Abagabo 2 bafungiye kuri station ya police ya Nduba mu karere ka Gasabo nyuma yo gukekwaho kwiba moto mu mujyi wa Kigali bagahungira muri uwo murenge.

Umuvugizi wa police mu mujyi wa Kigali Spt. Emmanuel Hitayezu avuga ko abo bakekwa bafatanywe moto zakoraga umwuga wo gutwara abagenzi, kuri ubu bakaba bari mu maboko ya police nyuma yo gutabwa muri yombi.

Aba bakekwaho ubujura bwa moto, babanje kwiba iyo basanze iparitse i Remera bayijyana i Nduba, bagezeyo na ho bahiba indi mu ga centre ka Gasanze, nyirayo yari mu kabari ayisiga imbere yako.

Abo basore 2 bivugwa ko baje gufatwa kubera ko batwaye iyo moto yo ku kabari ko muri Gasanze, bakahagaruka baje gutwara iyo bari bajeho mbere ari na yo bibye i Remera.

Police yibutsa ko ubujura buhanishwa ingingo ya 300 y'igitabo cy'amategeko ahana aho uhamwe na bwo ashobora gufungwa kuva ku mezi 6 kugeza ku myaka 2, n'ihazabu yikubye inshuro 2 cyangwa 5 z'agaciro kibyibwe.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize