AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Gahunda ya SheTrades yatangijwe mu Rwanda

Yanditswe Mar, 22 2017 10:12 AM | 2,005 Views



Mu gitondo cyo kuri uyu wa gatatu, Madamu wa perezida wa republika Jeannette Kagame yitabiriye umuhango wo gutangiza gahunda yiswe She trades, igamije guteza imbere ba rwiyemezamirimo b'abagore bakora ubucuruzi.Yagaragaje ko kuri ubu mu Rwanda hari uburinganire mu ngeri zose z'iterambere ry'igihugu kuko ari intego guverinoma yitaho mu kugena politiki zayo zijyanye n'ibikorwa by'iterambere.

Madamu Kagame,yavuze ko hari impamvu nyinshi ku isi usanga abagore batitabira ubucuruzi mpuzamahanga, bakigira mu ishoramari rito cyane.Yasobanuye ariko ko kuva mu myaka mike ishize mu Rwanda abagore bagenda bagira uruhare rugaragara mu iterambere ry'ubukungu n'imibereho myiza igihugu kigezeho.


Madamu Jeannette Kagame yashimiye urwego rw'abikorera n'abafatanyabikorwa mu iterambere ndetse n'imiryango itari iya Leta ku bwa gahunda zinyuranye bashyizeho zagiye zifasha abagore kuba ba rwiyemezamirimo.

Ashingiye ku mibare yerekanye ko uburyo abagore babonamo imari mu myaka itanu ishize bwiyongereye ku buryo bavuye kuri 16% bagera kuri 39% mu mwaka w'2016.

Abandi bafashe ijambo muri uyu muhango bagaragaje ko gutangiza iyi gahunda atari uguteza imbere ubucuruzi n'ubukungu bw'u Rwanda gusa, ahubwo harimo no kongerera ingufu umugore.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira