AGEZWEHO

  • Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu – Soma inkuru...
  • Guhisha imibiri y'abazize Jenoside bifitanye isano n'ingengabitekerezo yayo- Dr Bizimana – Soma inkuru...

Gabiro: Perezida Kagame yitabiriye imyitozo y'urukomatane rw'intwaro

Yanditswe Nov, 10 2017 12:15 PM | 10,763 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame, kuri uyu wa Gatanu yitabiriye imyitozo ya gisirikare y’ingabo z’u Rwanda y’urukomatane rw’intwaro, mu kigo cya gisirikare i Gabiro mu karere ka Gatsibo. Ni imyitozo imugaragariza ubuhanga n'ubushobozi bw'ingabo mu bya gisirikare.

Iyi n’imyitozo  igizwe n’ibice bitandukanye birimo icy’ingabo zirwanira ku butaka n’izirwanira mu kirere. Mu busanzwe ingabo zikoresha uburyo bukomatanyije mu ntambara rimwe na rimwe iyo zishaka kuzuzanya, aho nk'indege zifasha abasirikare barwanira ku butaka.

Iyi myitozo kandi igaragariza umukuru w’igihugu intera ingabo zigezeho mu bushobozi zifite ku bijyanye no kurinda ubusugire bw’igihugu n’ubwirinzi muri rusange.

Umuvugizi w’ingabo z’u Rwanda Lt Col Munyengango Innocent avuga ko impanuro za Perezida wa Repubulika Paul Kagame akaba n'umugaba w'ikirenga w'ingabo z'igihugu zibatera ingabo mu bitugu ku bijyanye no kuzuza inshingano zabo.

Mu mpanuro umukuru w'igihugu akunze guha abasirikare harimo kurangwa n’ubunyamwuga mu kazi kabo ko kurengera ubusugire bw’igihugu ndetse no kubahiriza indangagaciro ziranga umusirikare w’u Rwanda baharanira kuba urugero rwiza mu bandi. Imyitozo nkiyi kandi yari yabaye umwaka ushize mu kwezi kw'Ugushyingo.



Bageni Aimable

Ni byiza ko Ingabo z'Igihugu cyacu bakomeza imyitozo. Bizatuma umwanzi wese aho yava akagera azaba ntacyo avuze ku Rwanda Nov 10, 2017


Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)