AGEZWEHO

  • Nyabihu: Abarokotse Jenoside batewe impungenge n'ingengabitekerezo ya Jenoside ikihagaragara – Soma inkuru...
  • Perezida Kagame yihanganishije Abanya-Kenya ku rupfu rw’Umugaba Mukuru w'Ingabo – Soma inkuru...

Gabiro: Abayobozi bakuru b'igihugu bagiye guhurira mu mwiherero ku nshuro ya 14

Yanditswe Feb, 24 2017 11:41 AM | 2,321 Views



Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa gatanu nibwo abayobozi batandukanye  berekeza mu kigo cya gisirikare  cya Gabiro mu karere ka Gatsibo, ahagiye kubera Umwiherero w'abayobozi ku nshuro ya 14. Ni umwihererero uzatangira ejo kuwa gatandatu tariki ya 25, ukamara iminsi itanu.

Minisitiri muri Perezidansi ya Repubulika Tugireyezu Venantie avuga ko uyu mwihererero ufite umwihariko mu buryo uzakorwamo, aho uzakorwa mu matsinda, harimo itsinda ry’ubukungu, itsinda rirebana n’imibereho y’abaturage n’itsinda rirebana n’imiyoborere, ubutabera ndetse n’uburenganzira bwa muntu muri ibyo byiciro, ku buryo ibiganiro bizatangwa muri ayo matsinda, za Minisiteri zigize ayo matsinda, buri Minisiteri ku giti cyayo igatanga ikiganiro cyayo, ibyo yagezeho n’ibyo itashoboye kugeraho ukurikije gahunda y’imyaka irindwi ya Guverinoma, ukurikije icyerekezo 2020, ukurikije gahunda y’imbaturabukungu.

Mu ntangiriro z'uku kwezi kwa kabiri, minisitiri Stella Ford MUGABO, ushinzwe ibikorwa by'inama y'abaminisitiri yari yatangaje ko ku imyanzuro y’umwiherero wa 13 w’abayobozi bakuru b’igihugu wabaye kuwa 12 ukageza kuwa 14 Werurwe 2016, imaze gushyirwa mu bikorwa ku kigero cya 75%, ariko yateganyaga ko uyu mwiherero uzaba bigeze kuri 95%.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira