Yanditswe Feb, 23 2017 12:39 PM | 1,719 Views
Police z'ibihugu bihuriye muri
Africa y'iburusirazuba zivuga ko ubufatanye bwabo ari kimwe mu bintu bikomeye
bishobora gutuma habaho guhashya ibikorwa bihungabanya umutekano muri ako
karere. Iyi ngingo ikaba iri muri zimwe zirimo kuganirwaho n'abakuru b'iperereza, police
ndetse nizindi nzego z'umutekano mu nama yabo yatangiye i Kigali kuri uyu wa
kane.
Ibyaha by'icuruzwa ry'abantu, iterabwoba, icuruzwa ry'ibiyobyabwenge ndetse n'ibyaha bikoreshwa ikoranabuhanga ni bimwe mu byaha biri ku isonga abayobozi bakuru ba za police zihuriye mu muryango w'ibihugu 13 bihuriye mu karere k'uburasirazuba bw'Africa EAPCCO, barimo kurebera hamwe uburyo bwo guhashya ibyo byaha.
Umuyobozi mukuru wa police y'u Rwanda Commissioner General Emmanuel Gasana yasabye ibihugu bihuriye mu muryango wa EAPCCO gushyira imbaraga mu guhangana n'ibyaha byambukirana imipaka hakoreshejwe ikoranabuhanga, "Ndashaka kubibutsa no gushimangira ko hari ibyaha byinshi bigenda biza, nkatwe abashinzwe ukirikiranwa ishyirwa mu bikorwa ry'amategeko tugomba gushyira imbaraga cyane mu kugira ibikoresho bigezweho, bishobora no gukoresha mu bukangurambaga mu kurwanya ibyaha, kubaka ibikorwa remezo by'ikoranabuhanga ndetse bigakoresha n'abakozi babugenewe bashobora guhangana n'ibi byaha bikoresha ikoranabuhanga"
Byagarutsweho ko ari ihurizo rikomeye ku gihugu
kimwe kurwanya ibyaha byambukiranya imipaka akaba ariyo mpamvu ubufatanye
hagati y'ibihugu bihuriye mu muryango wa EAPCCO ari kimwe mu bisubizo byo
guhangana n'ibyaha byambukiranya imipaka.
Buri mwaka ibihugu bisimburana ku buyobozi bw'uyu muryango wa EAPCCO. U Rwanda rukaba arirwo rwahawe kuyobora uyu muryango rusimbuye Kenya kuri uyu mwanya.
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira
Apr 16, 2024
Soma inkuru
Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura icyizere
Apr 16, 2024
Soma inkuru