AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

EALA iri kwiga ku kibazo cy'ifungwa ry'umupaka uhuza u Rwanda n'u Burundi

Yanditswe Aug, 25 2016 10:35 AM | 2,375 Views



Icyemezo cy'uko u Burundi bwahagaritse urujya n'uruza rw'abantu, service n'ibicuruzwa ku mupaka wabwo n'u Rwanda kiri mu byigiwe mu nteko y'umuryango w'Afrika y'iburasirazuba EALA.

Abagize iyi nteko bari mu nama i Arusha muri Tanzania, bashyigikiye ko iki kibazo kigwa dore ko cyari kizanywe na mugenzi wabo wa Uganda Bernard Mulengani, wavugaga ko iki kibazo kihutirwa kuko cyabangamiraga gahunda yo kwishyira hamwe kw'ibihugu bigize uyu muryango wa Afrika y'iburasirazuba.

Uyu mudepite asanga ibihugu bishobora kutumvikana ariko kugera aho birenga ku masezerano agenga ubucuruzi bwambukiranya imipaka ngo ntibyemewe.

Abagize iyi nteko bemeranyijwe ko iki kibazo gikwiriye ubushishozi kandi cyihutirwa.

Uyoboye iyi nteko Daniel Kidega yemeje ko iyi nteko itazareka ibihugu bigize umuryango wa EAC ngo byikorere ibyo bishatse kuko  hari ubuyobozi bwawo. Akaba yarasabye komisiyo z'iyi nteko zirebwa n'iki kibazo kugihagurukira.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira