AGEZWEHO

  • Tariki 20 Mata 1994 ni bwo Umwamikazi Gicanda yishwe – Soma inkuru...
  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...

Dr. Major Rugomwa Aimable yakatiwe igifungo cy'imyaka 10 n'ihazabu ya milioni 11

Yanditswe Aug, 21 2017 13:47 PM | 6,031 Views



Urukiko rwa gisirikare rwa Nyamirambo rumaze gukatira Major Dr Aimable Rugomwa igifungo cy'imyaka 10 n'ihazabu ya milioni 11 n'ibihumbi 570 z'amafranga y'u Rwanda, ndetse akananyagwa impeta zose za gisirikare. Ni mu rubanza yari akurikiranyweho icyaha cyo gukubita no gukomeretsa yakoreye uwitwa Mbarushimana Theogene bikamuviramo urupfu.

Nk'uko biteganywa n'ingingo y'151 y'igitabo cy'amategeko ahana ibyaha mu Rwanda, urukiko rwamuhamije icyaha cyo gukubita no gukomeretsa umuntu wabigambiriye bikamuviramo urupfu. Iki cyaha kikaba gihanishwa kuva ku myaka 10 y'igifungo kugera kuri 15.

Nyuma yo kumva uko yisobanuye mu miburanire ye n'uburyo atahakanye icyaha ariko akavuga ko atari yarigeze agambirira kwica Mbarushimana Theogene, urukiko rwahanaguye kuri Major Dr Rugomwa Aimable icyaha cy'ubwicanyi yaregwaga n'ubushinjacyaha bwari bwamusabiye igifungo cya burundu.

Abo mu muryango wa Nyakwigendera Mbarushimana Theogene batangaje ko batishimiye icyemezo cy'urukiko bakaba bagiye gutegura icyo bazakurikizaho.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira