AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Davos2017: Iterambere rya Afurika rirashoboka igihe hashyizweho ingamba nziza

Yanditswe Jan, 17 2017 18:40 PM | 2,102 Views



Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’itsinda ayoboye ririmo ba minisitiri w’urubyiruko nikoranabuhanga Jean Philibert Nsengimana, Dr Vincent Biruta w’umutungo kamere ndetse n’uwimari nigenamigambi amb Claver Gatete bageze i Davos mu Busuwisi kuri uyu wa kabiri. Umukuru w’igihugu cy'u Rwanda ari mu bayobozi bakuru b’ibihugu na za guverinoma bitabira iyi nama y’iminsi itatu.

Ingingo zigirwa muri iyi nama harimo umutekano no kurwanya iterabwoba, guteza imbere amasoko y’imari n’ubucuruzi ndetse n’ikoranabuhanga nk’inkingi y’iterambere. Mu kiganiro yatanze  cyari gifite insanganyamatsiko igira iti ‘’udushya mu kugeza ikoranabuhanga ku atarifite (innovations to connect the unconnected), Perezida Kagame yavuze ko iterambere mu Rwanda ndetse n’ibindi bihugu ku mugabane wa Afurika rishoboka igihe cyose hashyizweho ingamba nziza.

Ku rundi ruhande ariko,perezida Kagame yashimangiye ko nta interineti ihendutse kandi igera kuri bose kuva mu bukene no kugera mu iterambere rirambye byaba ari nk’inzozi mu kinyejana cya 21

Perezida Kagame avuga ko byagaragaye ko ikoranabuhanga ari inkingi ya mwamba mu iterambere ry’igihugu.

Iyi nama ubusanzwe kandi isuzumirwamo uko ishoramari n’ubucuruzi byatezwa imbere mu nyungu z’abatuye isi bose, yahuje abantu barenga ibihumbi 3, barimo abanyapolitike, abacuruzi n’izindi mpuguke zituruka ku migabane itandukanye ku isi, bakagena umurongo ngenderwaho mu iterambere ry’isi.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira