AGEZWEHO

  • Abarokokeye Jenoside muri Ste Famille bavuze inzira y’umusaraba banyuzemo – Soma inkuru...
  • Uganda yiyemeje guhashya icyasubiza Akarere mu icuraburindi nk’irya Jenoside yakorewe Abatutsi – Soma inkuru...

Hari abashakaga ko Umwami Kigeli wa V Ndahindurwa atabarizwa muri Portugal

Yanditswe Jan, 11 2017 16:05 PM | 2,428 Views



Umuryango w'Umwami Kigeli wa V Ndahindurwa uratangaza ko wishimira ko uzatabariza umwami mu Rwanda, aho gutabarizwa ishyanga nk'uko bamwe bo mu muryango we babyifuzaga kubera inyungu bari babifitemo. Ibyo byatangarijwe mu kiganiro uwo muryango wagiranye n'abanyamakuru kuri uyu wa gatatu.

Mu kiganiro Pasteur Esra Mpyisi, wari uhagarariye umuryango w'Umwami Kigeli wa V Ndahindurwa, yagiranye n'abanyamakuru, cy'ibanze ku mateka yamuranze kuva yimikwa, inzira y'ubuhungiro yanyuzemo, kugera atanze.

Kuzana umugogo w'umwami ngo byabanje kugorana kuko bamwe mu bagize umuryango we batifuzaga ko yatabarizwa mu Rwanda, ndetse biza no kubanza kunyura mu rukiko. Pasteur Esra Mpyisi yavuze ko abatifuzaga ko umwami Kigeli V Ndahindurwa atabarizwa mu gihugu cye babiterwaga n'inyungu zabo bwite.

Urundi ruhande ngo rwifuzaga ko atabarizwa muri Portugal kugira ngo abaje gusura umugogo we bajye batanga amafaranga, ibintu umuryango w'umwami ufata nk'aho ari ukumucuruza.

Umuryango w'umwami wishimira ko azatabarizwa i Nyanza aho yimikiwe nk'uko Pasteur Esra Mpyisi abitangaza.

Umwami Kigeli V Ndahindurwa yatanze ku ya 16 Ukwakira umwaka ushize, umugogo we uzanwa mu Rwanda kuri uyu wa mbere. Biteganyijwe ko uzatabarizwa ku cyumweru tariki 15 Mutarama.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu