AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Bamwe mu batwara ibinyabiziga barinubira izamuka ry'ibiciro by'ubwishingizi

Yanditswe Jan, 05 2018 21:14 PM | 4,504 Views



Nyuma y'uko hatangarijwe ibiciro bishya by'ubwishingizi bw'ibinyabiziga byatangiranye n'uyu mwaka mushya wa 2018, bamwe mu bafite ibinyabiziga barasaba ko ibi biciro byagabanywa kuko batamenyeshejwe izi mpinduka ngo bateganye amafaranga y'inyongera ku biciro bishya by'ubwishingizi.

Kuva mu ntangiriro z'uyu mwaka, ibiciro by'ubwishingizi bw'ibinyabiziga bwahindutse ku buryo butandukanye kuko bwiyongereye kuva kuri 60 kugeza kuri 82% bitewe n'ubwoko bw'ubwishingizi ndetse n'igihe imaze. 

Ibi biciro byiyongeraho umusoro ku nyungu ungana na 18%. Umuyobozi w’ikigo cy’ubwishingizi cya Bank ya Kigali BK Alexis Bahizi asobanura ko zimwe mu mpamvu zateye iyurizwa ry'ibiciro by'ubwishingizi bw'ibinyabiziga zirimo kubijyanisha n'aho igihe kigeze kuko biheruka kwigwaho mu myaka 15 ishize, ibi bikajyana n'ibihombo ibigo by'ubwishingizi bimaze igihe bihura nabyo kubera amafranga bisabwa guha abakiliya babyo.

Ishyirahamwe ry'abatanga serivise z'ubwishingizi rivuga ko mbere yo gushyiraho ibi biciro bavuganye na Banki nkuru y'igihugu, ndetse hakorwa inyigo yasesenguye ibibazo bene ibi bigo bihura nabyo ari naho ibiciro byemerejwe. 

Gusa bamwe mu bafite ibinyabiziga bavuga ko batunguwe n'iki cyemezo n'ubwo ihuriro ry'abatanga izi serivise bumvikana bemeza ko habayeho umwanya wo gusobanurira abo bireba, iyi gahunda ikazanakomeza. 

Inkuru mu mashusho:



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura