AGEZWEHO

  • RIB yafunze abantu 39 bakurikiranweho ibyaha by’ingengabitekerezo ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Diego Aponte uyobora Ikigo Mpuzamahanga cy’Ubwikorezi bwo mu mazi yasuye Urwibutso rwa Kigali – Soma inkuru...

Ambasaderi w'Ubwongereza mu Rwanda William Gelling yasezeye Perezida Paul Kagame

Yanditswe Jan, 11 2018 18:10 PM | 5,508 Views



William Gelling wari uhagarariye u Bwongereza mu Rwanda aratangaza ko yishimira uko umubano w'ibihugu byombi uhagaze, mu bijyanye n'ubutwererane, ishoramari n'ubucuruzi. Ibi yabitangaje ubwo yari amaze gusezera kuri perezida wa republika Paul Kagame, wamwakiriye mu biro bye kuri uyu wa 4 muri village Urugwiro.

William Gelling aherekejwe na madame we, bakirirwe n'umukuru w'igihugu Paul Kagame. Yari aje kumusezeraho nyuma y'imyaka 4 amaze ahagarariye igihugu cy'u Bwongereza mu Rwanda aho yageze mu 2014.

William Gelling yatangaje ko yishimiye gukorera mu Rwanda kandi akaba asanga ari igihugu gifite ejo hazaza hatanga icyizere. Yagize ati, "Birababaje kuba njye n'umugore wanjye tugiye ubu, mu kanya ubwo twari hamwe na Perezida Kagame ndetse na ministre w'ububanyi n'amahanga twababwiyeko u Rwanda ari  hamwe mu hantu heza cyane twabaye . Turizera ko ishoramari rigiye gukomeza, gukomeza ubuhahirane ndetse no kurushaho umubano mwiza mu rwego rwa politiki mu by'ukuri twishimiye kuba hano kand turifuriza u Rwanda amahirwe masa mu bihe biri imbere.

Bwana Gelling yongeyeho ko atabura kwishimira bimwe mu bintu by'ingenzi byakozwe mu gihe cy'imyaka ine byatumye ibihugu byombi birushaho gukomeza umubano hagati yabyo. Ati, "Ibikorwa by'ubucuruzi byarushijeho kwiyongera hagati y' ibihugu byombi, ikindi gikomeye cyabaye ni ugushyiraho ingendo z'indege hagati y'u Bwongereza n'u Rwanda nta handi indege inyuze ni ikintu cyahinduye byinshi ikindi kandi habayeho ibikorwa by'imyitozo ya gisirikare yabaye umwaka ushize kandi turizera ko bigiye gukomeza.

U Bwongereza butera inkunga imishinga inyuranye mu Rwanda bubinyujije mu kigo gishinzwe iterambere mpuzamahanga (DFID). Inzego gitera inkunga harimo uburezi, ubuhinzi, imibereho myiza y'abaturage, ubucuruzi n'ishoramari. U Bwongereza kandi bufasha ikigo cya Rwanda Peace Academy mu gutanga amahugurwa ku basirikari, abapolisi n'abasivile bagiye mu butumwa bw'amahoro bw'umuryango w'abibumbye n'uwa Afrika yunze ubumwe.

William Gelling asimbuwe kuri uyu mwanya na Jo Lomas.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Impunzi z’i Kigeme ntizigihagaritse umutima kubera ibiza

Rubavu: Uko hahanzwe imishinga ikomeje gufasha mu iterambere ry'abarokotse

NEC yasobanuye ibisabwa ku baziyamamariza ku mwanya w’Umukuru w’Igih

Perezida Kagame yasabye ba ofisiye bashya ba RDF kwanga ubugwari n’ububwa,

Ba ofisiye 624 bashya binjijwe mu Ngabo z’u Rwanda (Amafoto)

Ibyihariye kuri Dr Jean Baptiste Habyarimana wazize kurwanya umugambi wa Jenosid

Minisitiri w'Intebe Dr Ngirente yakiriye Minisitiri w'Ibikorwaremezo m

Guverineri Mugabowagahunde yasabye Abayisilamu gukomeza kwitabira ibikorwa byo #