AGEZWEHO

  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...
  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...

Amavugurura mu muryango wa Afrika yunze Ubumwe yatanze icyerekezo kimwe-MINAFFET

Yanditswe Nov, 20 2018 21:07 PM | 2,983 Views



U Rwanda rurishimira intambwe imaze guterwa n’ibihugu bya afurika mu bijyanye n’amavugurura yatumye afurika igira icyerekezo kimwe. Minisitiri w’ububanyi n’amahanga Dr. Richard Sezibera akavuga ko  ngo ibi bitanga icyizere cy’impinduka zikomeye mu iterambere ry’abatuye uyu mugabane.

Mu 2016 nibwo Perezida wa Repubulika Paul Kagame n’itsinda ry’impuguke yari ayoboye batangiye urugamba rugamije guha umugabane wa afurika umurongo mushya wo gukorera hamwe no kurushaho kwishakamo ibisubizo.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera asanga aya mavugurura akinakomeje yarahaye umurongo mushya umugabane wa afurika.

Minisitiri w’ububanyi n’amahanga, Dr Richard Sezibera avuga ko hari ikizere ko izi mpinduka zizakomeza ashingiye ku bushake abakuru b’ibihugu bafite.

Amwe mu mavugurura yakozwe mu muryango wafurika yunze ubumwe arimo nko kwemezwa ko  ibihugu bigomba kujya bitanga 0.2% by’umusoro w’ibyinjizwa mu gihugu, ni gahunda izafasha afurika gukusanya imisanzu mu bihugu, izabasha gutera inkunga 100% ibikorwa by’ubuyobozi, 75% bya program z’umuryango na 25% by’ibikorwa by’amahoro.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura