Yanditswe Mar, 29 2017 11:51 AM | 2,308 Views
Abakozi banyuranye bo mu mujyi wa Kigali ndetse no mu turere twa Gasabo, Nyarugenge and Kicukiro barimo kugezwaho politiki y'iterambere ry'Imijyi. Iyi politike iragaragaza ibibazo bigaragara mu mijyi y'u Rwanda birimo ibikorwa remezo nk'imihanda, amazi, ikibazo cy'ubushomeri n'ibindi.
Gusa ngo u Rwanda ruri ku isonga ku isi mu bihugu bifite abaturage bitabira gutura mu mijyi bavuye mu byaro kuko u Rwanda ruri kuri 4.5%.
Muri Africa ubwo bwitabire buri kuri 3.2% mu gihe ku rwego rw'isi ubwitabire bw'abaturage bava mu byaro bajya mu mijyi ari 1.8%. Mu cyerekezo cya 2020, u Rwanda rurifuza ko abanyarwanda 35% bazaba batuye mu mijyi mu gihe ubu 17.3% ari bo bayituyemo. Intego y'iyi politike y'imiturire ni ugutura neza kandi abatuye mu mijyi bakagira ibikorwa remezo bibafasha kuyibamo neza.
Umujyi wa Kigali uravuga ko ufite ikibazo gikomeye cy'imiturire yo mu kajagari ndetse n'iyangizwa ry'ibidukikije ku buryo birimo guhenda umujyi wa Kigali. Baragira inama utundi turere kwirinda aya makosa kugirango naho hatazabaho guhendwa no kuyakosora.
Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwanda?
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura ku bafite hagati y ...
Apr 24, 2024
Soma inkuru
Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire mu bya gisirikare
Apr 24, 2024
Soma inkuru
U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejwe kwica Abatutsi
Apr 23, 2024
Soma inkuru
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru