AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abaturage baravuga ko imvura nigwa bazahinga bakeza imyaka neza kandi ku gihe

Yanditswe Sep, 07 2017 17:22 PM | 5,239 Views



Ikigo cy' igihugu gishinzwe ubumenyi bw' Ikirere, Meteo Rwanda kivuga ko imvura y'umuhindo iteganijwe izaba ihagije nk'isanzwe igwa mu bihe byiza. Ku ruhande rw'abaturage nabo bavuga ko imvura nigwa ku gihe kandi ikagwa ihagije bizatuma imyaka yabo yera neza

Ibijyanye nuko imvura izagwa bikubiye mu cyegeranyo cy'Iteganyagihe ry' umuhindo ni ukuvuga kuva mu kwezi kwa 9 uyu mwaka kugera mu kwezi kwa 12 uyu mwaka ikigo cy' igihugu gishinzwe iteganyagihe cyashyize ahagararara kuri uyu wa kane. Nkuko John Semafara uyobora ikigo gishinzwe iteganyagihe abivuga ngo ikirere kirerekana ko imvura izagwa ku buryo busanzwe.

Ibi ngo biraterwa ahanini nuko ubushyuhe bwo mu nyanja ngari bumaze igihe buri ku gipimo mpuzandengo cy' ubushyuhe busanzwe ni ukuvuga ubushyuhe butiyongera cg se ngo bugbanuke.

Meteo Rwanda ivuga ko muri rusange mu gihugu hose imvura y' umuhindo iteganijwe gutangira mu cyumweru cya 2 cya Nzeri ,imvura y' umuhindo iteganijwe gutangira gucika guhera mu cyumweru cya 3 cy' ukuboza kugeza mu cyumweru cya 1 cya Mutarama 2018 uhereye i Burasirazuba ugana iburengerazuba




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira