AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abaturage barasabwa kwandikisha abana mbere y'isozwa ry'ukwezi kw'irangamimerere

Yanditswe Dec, 20 2016 18:03 PM | 2,559 Views



Tariki ya 23 ukuboza nibwo biteganyijwe ko ukwezi kw'irangamimerere gusozwa. Ni ukwezi kwashyizweho kugira ngo abaturage bacikanywe na service zijyanye no kwandika abana bavutse cyangwa kwandukuza abitabye imana bazibone kandi ku buntu.

Ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu irongera gukangurira abaturage kwitabira service z'irangamirere kugira ngo bandikishe abana bavutse no kwandukuza abitabye imana muri iyi minsi mike isigaye ngo ukwezi kwahariwe irangamirere gusozwe. Ni mu gihe bamwe mu baturage bishimiye uku kwezi kwashyizweho ariko hakagaragazwa ko iminsi 30 kwahawe idahagije.

Mu murenge wa Gisozi, ku kagali ka Busezerano, abaturage baracyaza ari benshi kwitabira izo service, kuri bo ngo kwandikisha abana ni ingenzi kuko ari ukubasubiza uburengenzira bwabo.

Abaturage bamwe baravuga ko iminsi 30 yahariwe uku kwezi ari mike, ugereranyije n'ubwinshi bw'abifuza service zijyanye n'irangamimerere, ibi bigashimangirwa n'ushinzwe irangamimerere mu murenge wa Gisozi

Kuri izi mpugenge ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu irashishikariza abaturage kubyaza umusaruro iminsi isigaye, kuko igikorwa cyatangije kiba kigomba kugira n'iherezo.

Biteganyijwe ko ukwezi kwahariwe irangamimerere gusozwa kuri uyu wa gatanu, tariki ya 23, ariko ministeri y'ubutegetsi bw'igihugu ikibutsa ko service z'irangamimerere zizakomezwa gutangwa nkuko biteganywa n'itegeko rigenga abantu n'umuryango. 




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira