AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abaturage bagize ibihugu bya EAC bazatangira gukoresha pasiporo ya EAC mu 2018

Yanditswe Apr, 11 2017 17:07 PM | 2,746 Views



Ubuyobozi bw'ikigo gishinzwe abinjira n'abasohoka buratangaza ko guhera muri Mutarama umwaka utaha wa 2018 ibihugu bigize umuryango wa Afrika y'iburasirazuba (East African Community) bizatangira gukoresha urwandiko rumwe rw'inzira rw'abajya mu mahanga (Passport).

Ibi ngo bikazafasha abatuye ibi bihugu kugenderana nta nkomyi kandi izi passport zikazabamerera no kujya mu bindi bihugu by'isi; cyokora ngo passport zari zisanzwe zizakomeza gukoreshwa kugeza mu mwaka wa 2020.

Urwego rushinzwe abinjira n'abasohoka ruvuga ko uko isi igenda itera imbere ari ko ikenera gukoresha ikoranabuhanga mu nzego zose arinayo mpamvu ibihugu bigize umuryango wa Afrika y'iburasirazuba byemeje umushinga wo kugira passport imwe bihuriyeho izasimbura izo buri gihugu cyajyaga gikoresha. Umuyobozi w'ikigo gishinzwe abinjira n'abasohoka mu Rwanda Anaclet Kalibata avuga ko hari icyizere gikomeye ko iyi gahunda izubahirizwa kuko ibihugu bigize umuryango w'afrika y'iburasirazuba bibyumva neza. 

Ku birebana n'ikiguzi cya passport ngo nta kizahinduka. Ku rundi ruhande ariko passport nshya izaba ifite ibirango by'inyongera ku byari bisanzweho.

Kuva mu mwaka wa 2014 abaturage bo mu bihugu by'u Rwanda, Uganda na Kenya  bashyiriweho uburyo bwo koroshya urujya n'uruza muri kimwe muri ibi bihugu bakoresheje indangamuntu. Igihe ibihugu bigize umuryango wa Afrika y'iburasirazuba bizaba byatangiye gukoresha passport imwe  ni umwe mu mishinga ibi bihugu bizaba bigezeho mu gihe bigifite undi wo gukoresha ifaranga rimwe muri uyu muryango.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama