AGEZWEHO

  • Ambasaderi Rutabana yagaragaje uko u Rwanda rwaharaniye ubudaheranwa nyuma ya Jenoside – Soma inkuru...
  • Ni igikorwa kigayitse ku Bufaransa- Amb. Anfré avuga ku bakozi babo bishwe muri Jenoside – Soma inkuru...

Abasirikare bari mu mahugurwa mu Rwanda basuye urwibutso rwa Jenoside ku Gisozi

Yanditswe Nov, 15 2016 13:54 PM | 1,997 Views



Abasirikari bari mu mahugurwa mpuzamahanga yo kurengera abasivile mu bihe by'amakimbirane, abera i Musanze mu kigo cyo kubaka amahoro, basuye urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi.

Bashyize indabo ku mva banunamira inzirakarengane zishyinguye kuri uru rwibutso.

Nyuma baje gusobanurirwa uko Jenoside yateguwe inashyirwa mu bikorwa ndetse n'amateka y'amacakubiri yayibanjirije.

Bamaze guhabwa ibi bisobanuro bamwe mu bari muri aya  mahugurwa batangaje ibyo babonye biteye agahinda binababaje cyane, kubona umuntu yica bagenzi be mu buryo bwa kinyamaswa nk'uko byagenze mu Rwanda mu gihe cya Jenoside yakorewe abatutsi.


Ahuza ibyo babonye n'amasomo barimo guhabwa, majoro Banda ukomoka muri Zambia yavuze ko kurengera abasivile bikwiriye intego ya buri ngabo ziri mu butumwa bw'amahoro. Yagize ati abasivile barindiwe umutekano byashyira iherezo ku mubare munini w'abicwa nk'aba twabonye muri uru rwibutso.

Naho Lauren Spink, waturutse muri USA yatangaje ko yababajwe cyane n'ibyabaye mu Rwanda, yongeraho ko gusura uru rwibutso rwa Kigali byamubereye umwanya wo gutekereza ku bintu bibi cyane bishobora kubaho.

Kuri we ngo kwirinda ko ibi bibaho bisaba ko abasirikari, abapolisi, abasivili n'imiryango itari iya Leta mu butumwa bw'amahoro bagomba gusobanukirwa n'ibyo baba bakwiriye gukora mu gihe cy'amakimbirane n'intambara.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura