AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

Abasirikare 24 bari mu mahugurwa yo kurinda ibikoresho mu butumwa bw'amahoro

Yanditswe Nov, 29 2016 11:59 AM | 2,157 Views



Ikigo cy’igihugu cy’amahoro (Rwanda Peace Academy) harabera amahugurwa y’ibyumweru bibiri yagenewe abasirikare b’aba-officiers ku bijyanye n’imicungire y’ibikoresho mu bikorwa byo kubungabunga amahoro. Ni amahugurwa mpuzamahanga yitabiriwe n’abasirikare 24 bavuye muri Uganda, Kenya n’u Rwanda.

Barahabwa ubumenyi ku buryo aboherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro baba bafite n’inshingano zikomeye zo kwita ku bo bari kumwe banabungabunga ikitwa igikoresho cyose bifashisha kugira ngo bugende neza. Ayafungura ku mugaragaro Brig. General Dr Rudakubana Charles yagaragaje ko ari amahugurwa akubiyemo ubumenyi bwose aboherezwa mu butumwa bwo kubungabunga amahoro baba bakeneye.

Ayo mahugurwa yatewe inkunga na Leta y’u Bwongereza binyuze mu ishami ritera inkunga ibikorwa byo kubungabunga amahoro muri Africa y’iburasirazuba. Ambasadeur w‘icyo gihugu mu Rwanda William Gelling yemeje ko ibi bihugu uko ari 3 bifite ubunararibonye mu bikorwa byo kubungabunga amahoro n’imicungire myiza y’ibikenerwa n’ababwoherezwamo ari nayo mpamvu bateye inkunga ayo mahugurwa.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize