Yanditswe Mar, 27 2017 16:30 PM | 1,415 Views
Minisitiri wa Siporo n'umuco aratangaza ko kubaka ubumwe bw'Abanyarwanda bisaba ubufatanye bwa Leta, abaturage n'inzego zose kuko bwigeze guhura n'ibibazo bikomeye bikabusenya. Ibyo Minisitiri Uwacu yabitangaje ubwo yaganiraga na komisiyo y'imibereho myiza y'abaturage, uburenganzira bwa muntu n'ibibazo by'abaturage mu nteko ishinga amategeko umutwe wa Sena.
Minisitiri Uwacu yavuze ko ingamba zigomba gufatwa impande zose kandi hakabaho gukumira icyasenya ubumwe bw’abanyarwanda:“Ubumwe kubusenya byatwaye igihe kinini hakoreshwa uburyo butandukanye. Kubwubaka nabyo birasaba umwanya, kandi bigasaba ubufatanye bw'inzego zitandukanye tukabikora mu guha uburenganzira bungana n'amahirwe angana ku banyarwanda, ibyo ubuyobozi cyangwa igihugu kigenera abaturage ntihagire uhezwa, ubufatanye ku bagore n'abagabo, abikorera. ibyo byose iyo ubishyize hamwe nibwo umusaruro tumaze kugeraho. No gukumira ibishobora kutudindiza, umubyeyi uburere aha umwana we agomba kumwigisha urukundo, abanyamadini bakigisha urukundo.”
Mu bitekerezo n'ibyifuzo abasenateri bari muri icyo kiganiro batanga basanga Minisiteri ya Siporo n'umuco ikwiye kwita ku bikorwa by'ubushakashatsi kugira ngo bifashe gukomeza guteza imbere inzira y'ubumwe n'ubwiyunge
Bimwe mu bikorwa bishingiye ku muco nyarwanda nko kugabirana inka, umuganda, umuganura n'ubudehe bifatwa nk'ibyorohereza iterambere ry'ubumwe bw'Abanyarwanda, ariko ngo hari n'ibindi byinshi bikwiye gusesengurwa kugira ngo bikomeze gufasha muri iyo nzira.
Mu bushakashatsi komisiyo y'ubumwe n'ubwiyunge iherutse gushyira ahagaragara yerekanye ko igipimo cy'ubumwe n'ubwiyunge kigeze kuri 92,5%, ni igipimo cyishimirwa n'abitabiriye icyo kiganiro, ariko na none icyo bahurizaho ni uko ari urugendo rudahagarara mu kugiteza imbere no kugisigasira.
PHOTO:Internet
Ubuhamya bw'abakinnyi barokowe na Siporo muri Jenoside yakorewe Abatutsi
Apr 19, 2024
Soma inkuru
REG BBC yisubije Thomas Cleveland Jr
Jan 19, 2024
Soma inkuru
Oscar Pistorius yafunguwe nyuma y'imyaka 11 ishize yishe uwari umukunzi we
Jan 05, 2024
Soma inkuru
Jurrien Timber myugariro wa Arsenal ari mu Rwanda muri Gahunda ya Visit Rwanda
Dec 14, 2023
Soma inkuru
Twitege iki kuri Tour du Rwanda 2024?
Nov 09, 2023
Soma inkuru
Amagare: FERWACY yabonye abayobozi bashya
Nov 05, 2023
Soma inkuru
Perezida Kagame yakiriye abegukanye ibihembo bya Trace Awards 2023
Oct 22, 2023
Soma inkuru
Car Free Day: Umujyi wa Kigali washimiwe kugira ibikorwaremezo byorohereza abagenda n'amaguru
Oct 15, 2023
Soma inkuru