AGEZWEHO

  • Tariki 19 Mata 1994: Imyaka 30 irashize Sindikubwabo atangije Jenoside mu cyahoze ari Butare – Soma inkuru...
  • U Bubiligi: Uwahamijwe ibyaha bya Jenoside yashinje Nkunduwimye kujya mu nama zayiteguraga – Soma inkuru...

Abanyarwanda 9% mu bihumbi 27 nibo basuye parike y'ibirunga mu 2015

Yanditswe Apr, 20 2016 17:28 PM | 3,581 Views



Muri bamukerarugenda basaga ibihumbi 27 (27.000), basuye pariki y’ibirunga, mu mwaka washize wa 2015, abanyarwanda  bari  9% gusa ni ukuvuga basaga gato ibihumbi 2.  Bamwe mu batuye mu Karere  ka Musanze , aho iyi Pariki iherereye,  bavugako batayisura kubwo gutinya ibiciro, abandi ugasanga nta n’amakuru yaho bafite.  Komisiyo ya Sena  y’iterambere ry’ubukungu n’imari, isaba RDB, kurushaho gukangurira  abanyarwanda kwitabira ibikorwa by’ubukerarugendo, hagamije guteza imbere ubukerarugendo.

Akarere ka Musanze ni kamwe mu duce twakira bamukerarugendo benshi, basura ahanini ingagi ziba muri Pariki y’ibirunga. Umunyamahanga yishyura ama dollars 750 (hafi 600. Mille Frs Rdais). Ubwo umunyarwanda yishyura ibihumbi 30 gusa. Gusa bamwe mu batuye muri aka karere, ubwabo usanga batarasura na rimwe ibyo byiza nyaburanga, aho bamwe bavugako batinya ibiciro.

Mu biganiro bagiranye n’ubuyobozi bw’akarere ka Musanze ndetse n’inzego zitandukanye zirebwa n’ubukerarugendo, aba senateurs babashishikarije  kurushaho kunoza ibyo bakora, kugira ngo  igihugu kizagere ku ntego cyihaye  yo  kuzamura umubare w’abanyarwanda bitabira ibikorwa by’ubukerarugendo,  ukagera nibura,  kuri 30% muri 2017.

Inkuru mu mashusho:





Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira