AGEZWEHO

  • Bagiye kubona ibintu byiza- Danny Nanone yijeje indirimbo nshya – Soma inkuru...
  • Ingengo y’imari Leta ishyira mu kugaburira abana ku ishuri yikubye inshuro 15 – Soma inkuru...

Abanyakenya nibo batsinze isiganwa mpuzamahanga ry'amahoro rya Kigali (KIPM2018)

Yanditswe May, 20 2018 22:21 PM | 41,933 Views



Abanyarwanda barasabwa gushyira umwete muri Marathon mpuzamahanga ya Kigali iba buri mwaka  ikunzwe kwegukanwa n’abanyamahanga kugira ngo bazamure urwego rwabo rw’imikinire. Ibi babisabwe kuri iki cyumweru ubwo  aya marushanwa yo gusiganwa ku maguru yegukanwaga n’abanyakenya.

Aya marushanwa ngarukamwaka yo gusiganwa ku maguru ya Kigali yitiriwe amahoro, aragenda arushaho kuzamura urwego kandi akitabirwa kubwinshi. Ni amarushanwa yari agabanijemo ibice bitatu, aribyo Marato yuzuye y’aharesha na km 42, Marathon y’igice ya km 21 ndetse n’abasiganwa  byo gushyushya umubiri bita (RUN FOR FAN.)

Mu gice cya Marathon cyihariwe n’abanyarwanda, NYIRARUKUNDO Salome wari witezweho kubashimisha, yongeye kubyerekana, aho yasoje ari uwa mbere mu bakobwa akoresheje igihe kingana na 1H:28:53, kimwe na mugenzi we HITIMANA Noheli  waje kumwanya wa mbere mubagabo akoresheje 1:16:16.

Nyirarukundo Salome, ngo ishyaka n’icyizere nibyo byamuhaye kongera gushimisha abanyarwanda. Ati, "Nakoresheje imbaraga abanyakenya nabo bari bahari bakomeye, ariko rya shyaka na rya shema ryo kumva ko ubushize nayitwaye, numvaga ko nuno munsi bishoboka. Nicyo kintu cyamfashije no kwiha icyizere.''

Gusa abanyamahanga by’umwihariko abo mu gihugu cya Kenya, bakomeje kwerekana ko ari indashyikirwa muri marathon yuzuye ya km 42 kuko baje kuyiharira haba mu bahungu no mu bakobwa. YEGO ELKANA KIBET niwe wasize abandi mu bagabo akoresheje 2:23:42,  ngo kuba yaje ari uwambere, abikesha imyitozo yakoreye mu Rwanda aho abona ko habereye imyitozo. Yagize ati, "Umwaka ushize sinari namenye gusiganwa bya nyabyo ubu noneho narabimenye kandi uyu munsi byari byoroshye cyane kuko nitoje bihagije, kandi muri hamwe nakoreye imyitozo ni mu Rwanda kuko hari imisozi yagombaga kumfasha cyane ahaterera"

Umuyobozi w’ishyirahamwe ry’imikino ngororamubirii mu Rwanda Fidel MUBIRIGI, ashimangira ko abanyarwanda bashyize umwete kuri Full Marathon bayitsinda kuko igihugu cy’u Rwanda giteye neza ku myitozo arinayo mpamvu bagiye kuhashyira imbaraga.

Abatsinze aya marushanwa haba mu gice cya marato na Marathon yuzuye, buri wese yahembwe Miliyoni 2 z’amafaranga y’u Rwanda. Ni amasurushanwa yitabiriwe n’abagera hafi ku 2000.



Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize

RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’

Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze m

Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu

Abamotari batakambye ku biciro by’ubwishingizi birushaho gutumbagira

Rubavu: Abarokotse Jenoside baravuga ko ubuvuzi bahawe na Leta bwatumye bagarura