AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Abantu 25 baturutse mu bihugu bitandukanye basuye Isange one-stop centre

Yanditswe Nov, 03 2017 17:03 PM | 4,168 Views



Itsinda ry'abantu bitabiriye inama mpuzamahanga ku buringanire irimo kubera mu Rwanda ryasuye ikigo cya Isange one stop centre mu rwego kureba uburyo abahuye n'ihohoterwa rishingiye ku gitsinda bafashwa.

Ni itsinda ry'abantu bagera kuri 25 baturutse mu bice bitandukanye by'isi bari mu Rwanda, bamwe mu bagize iri tsinda bashimye imikorere y'iki kigo maze bifuza ko serivise nk'izi n'ibindi bihugu byareberaho bigatangira gushyiraho ibigo bifasha abahuye n'ihohoterwa.

Dr. Vuyo Mahlati ukomoka muri Afurika y'Epfo yagize ati, "Icyo mu byukuri nishimiye kandi mvanyemo ni ubunararibonye;ni ahantu bakirira abantu bagannye iyi centre, ndetse n'uburyo bakirwa n'abantu batandukanye, barimo abaganga, abazi imitekerereze ya muntu, Polisi, imikoranire yabo bareba ibintu bitandukanye kandi bakorera hamwe nk'itsinda n'ubunyamwuga bwabo, ndetse n'uburyo bakorana n'abanyamategeko mu buvuzi kugera mu rwego rw'ubutabera."

CSP Lynder Nkuranga yasobanuriye iri tsinda imikorera ya Isange one stop centre aho yababwiye umwihariko uhari mu gukurikirana abahuye n'ihohoterwa kugeza bahawe ubutabera. Umuyobozi w'ibitaro bya Kacyiru Pascal avuga ko ari ishema ku gihugu kuba amahanga yifuza kumenya intambwe u Rwanda rumaze gutera mu rwego rwo kwita ku bahohotewe.

Ubuyobozi bw'ibitaro bya Kacyiru byasobanuye ko ku munsi byakira abantu bagera ku 10 bahura n'ikibazo cy'ihohoterwa rishingiye ku gitsina, kugeza ubu abenshi mu bakenera iyi serivise baba biganjemo abana bari munsi y'imyaka 18.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama