Yanditswe Nov, 20 2017 18:00 PM | 4,762 Views
Itsinda ry'abadepite 9 n'abakozi 2 bo mu nteko ishinga amategeko ya Burkina faso bari mu rugendo shuri rw'icyumweru mu Rwanda. Bemeza
ko hari byinshi biteze kuzungukira ku Rwanda, cyane cyane ibijyanye n'uburyo
abaturage bagira ijambo mu miyoborere y'igihugu, ndetse n'uruhare rw'abagore mu
iterambere ryacyo.
Kuri uyu wa mbere bakiriwe na Perezida w'inteko ishinga amategeko y'u Rwanda umutwe w'abadepite Donatile Mukabalisa. Uyoboye iri tsinda, Depite Jacob Ouedraogo, avuga ko hari byinshi biteze kuzigira ku nteko ishinga amategeko y'u Rwanda. Yagize ati, ''Twahisemo kuza gusura inteko ishinga amategeko y'u Rwanda kugira ngo twungurane ibitekerezo ku buryo abaturage bagira uruhare mu bijyanye n'ibyo abagize inteko ishinga amategeko bakora, ikindi kandi turashima ubuyobozi bw'u Rwanda cyane cyane Perezida wa Repubulika Paul Kagame ku byakozwe byose kugira ngo inteko ishinga amategeko y'u Rwanda igere ku nshingano zayo neza, by'umwihariko kuba iyi nteko igaragaramo umubare munini w'abadepite b'abagore ni urugero rwiza rwo gushima ndetse no kwigiraho ku mahanga''
Perezida w'umutwe w'abadepite Hon. Donatile Mukabalisa, asanga kuba abadepite nk'aba batekereza kuza kungurana inama n'abo mu Rwanda, bifite ikintu kinini bivuze. Ati, ''Niba ibyo dukora bishimwa n'abandi kandi bakumva ko bakwiye kuza kubyigiraho kuri twe twumva ari ishema kuko tubona koko ko ibyo dukora bishimwa. ikindi tuba tubibonamo ikintu gikomeye cyane cyo kugira ngo abantu baganire n'ibyo dukora bifuza kutwigiraho turebe uburyo byagirira akamaro Afurika yose''
Mu gihe cy'icyumweru izi ntumwa z'inteko ishinga amategeko ya Burkina Faso ziri mu Rwanda kuva kuri iki cyumweru, biteganyijwe zizungurana ibitekerezo n'abadepite bagize komisiyo zitandukanye z'inteko ishinga amategeko.
Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata
Apr 21, 2024
Soma inkuru
Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera amaboko amahanga
Apr 19, 2024
Soma inkuru
U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshejwe ikoranabuhanga
Apr 17, 2024
Soma inkuru
FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize
Apr 17, 2024
Soma inkuru
RHA yahumurije abubakishije amakaro yo mu bwogero ku nkuta z’inzu z’ubucuruzi
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Gakenke: Imirimo yo kubaka Umudugudu w’Icyitegererezo uzatuzwamo abahoze mu manegeka irarimban ...
Apr 17, 2024
Soma inkuru
Karongi: Inzobere z’abaganga ba RDF zatangiye kuvura abaturage ku buntu
Apr 16, 2024
Soma inkuru