AGEZWEHO

  • Kwibuka ni inshingano, Jenoside si ikamba twirata- Madamu Jeannette Kagame – Soma inkuru...
  • Miliyari zirenga 2 Frw zishyuwe hadakurikije amategeko – Soma inkuru...

Ababyeyi barakangurirwa kurya indyo yuzuye kuko bifasha abana bazabyara

Yanditswe Dec, 20 2016 17:32 PM | 1,613 Views



Hirya no hino uhasanga ababyeyi bemeza ko inama bagiye bagirwa n' abashinzwe ibirebana n' imirire arizo zabafashije kugira ubuzima bwiza bo n' abana babyaye.

Abahanga mu birebana n' imirire bavuga ko kugirango umwana azagire ubuzima bwiza, bihera ku mirire ya nyina umubyara kuva akimutwite mu nda.

Iyi gahunda yo kurwanya imirire mibi ikorwa ku bufatanye bwa Ministere y'ubuzima, abaterankunga n' indi miryango yigenga.Intego ikaba ari uko mumwaka  2017, imibare y' abana bafite ikibazo cyo kugwingira muri rusange mu gihugu  yava kuri 38% ikagera byibura kuri 24,5%.

Ni muri urwo rwego umuryango CRS( Catholic Relief Services wari umaze imyaka 3 wunganira Leta mu bikorwa  birebana  no gufasha ababyeyi batwite n' abana bari munsi y' imyaka 2 kubona indyo yuzuye, nyuma yuko  hari abagaragazaga ibibazo birebana n' imirire mibi.

Sosthene Ntirampaga ushinzwe ibirebana n' imirire ku bitaro bya Kirinda ho mu  Karere ka Karongi avuga ko indyo y' umubyeyi utwite igomba kuba yihariye kugirango azabyare umwana wujuje ibiro bisabwa kdi ufite ubuzima bwiza.

Uwera Kamanzi Odette, Umuhuzabikorwa wa gahunda yo kurwanya imirire mibi muri CRS avuga ko bayitekereje nyuma yo kubona ko hari umubare w' ababyeyi ndetse n' abana wari ufite ikibazo cy' imirire mibi .




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

Urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside rugeze he rwigishwa amateka yaranze u Rwan

Musanze: Hatangijwe igikorwa cyo gusuzuma kanseri y’inkondo y’umura

Ingabo z'u Rwanda n’iza Jordanie zaganiriye ku kubyutsa imikoranire m

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama