AGEZWEHO

  • Perezida Kagame yamwenyuye nyuma y'intsinzi ya Arsenal FC – Soma inkuru...
  • NAEB yagaragaje ko ibyoherezwa hanze bituruka ku ndabo n'imbuto byageze kuri toni 1000 ku kwezi – Soma inkuru...

80% by'imyiteguro y'amatora y'umukuru w'igihugu byaratunganye-NEC

Yanditswe Mar, 14 2017 13:00 PM | 1,841 Views



Komisiyo y'igihugu y'amatora iratangaza ko imyiteguro y'amatora y'umukuru w'igihugu igeze ku kigero cya 80%. Umunyamabanga nshigwabikorwa w'iyo komisiyo Charles Munyaneza yemeza ko bizagera mu kwezi kwa munani, imyiteguro yararangiye.

Mu gihe habura amezi agera kuri 4 ngo mu Rwanda habe amatora y'umukuru w'igihugu, komisiyo y'igihugu iyategura kuri uyu wa 2 yatangaje ko uretse ku bazatora bwa mbere, nta yandi makarita izasohora, kugira ngo hifashishwe ay'ubushize.

Ibi byateye impungenge bamwe mu baturage bavuganye na RBA,bakaba batangaje ko amakarita yabo y'itora yatakaye:

Ndayisenga Emmanuel: “Nka komisiyo y'igihugu y'amatora babiganiraho bakatworohereza tukabona amakarita y'itora tugatora bundi bushya kuko hari abagiye bayata, kandi bakayatana n'indangamuntu ariko indangamuntu bakazibona, amakarita ntibayabone, ubwo rero tubaye tutazatora twaba turi benshi cyane”

Ndayishimiye Jean Baptiste: “icyifuzo ni uko badushakira andi makarita , bakatugeragereza tukareba uko twatora perezida”

Kuri iki kibazo, umunyamabanga nshingwabikorwa wa komisiyo y'igihugu y'amatora Munyaneza Charles aributsa ko ikarita y'itora igomba gufatwa neza, ariko akanamara impungenge abayataye: “Twatanze amakarita y'itora mu mwaka wa 2016, agomba gukoreshwa mu matora y'inzego z'ibanze, agakoreshwa mu matora y'umukuru w'igihugu uyu mwaka ndetse n'umwaka utaha mu matora dufite y'abadepite, ayo makarita niyo agomba gukoreshwa, niyo mpamvu nta yandi tuzatanga keretse urubyiruko rugiye gutora bwa mbere, rurenga 500.000 nibo bazahabwa amakarita mashya, ariko abo twayahaye nta yandi tuzabaha, niyo mpamvu tubasaba abayafite bayabike neza nkuko umuntu abika indangamuntu, uzayita, tuzifashisha ikoranabuhanga bijyanye no kuba afite indangamuntu uwo azatora ariko ntibivuze ko ufite iyo karita ayita kuko niyo azakoresha no mu matora y'umwaka utaha.”

Komisiyo y'igihugu y'amatora ivuga ko imyiteguro y'aya matora y'umukuru w'igihugu igeze ku gipimo cya 80% ibisigaye bikazaba byarangiye mu mezi asigaye ngo amatora abe.

Komisiyo y'igihugu y'amatora ivuga na none ko irimo gutegura impapuro z'itora zizifashishwa n'abafite ubumuga bwo kutabona ariko bazi kuzikoresha naho abatabizi mu gutora bakazifashisha abana batarageza ku myaka 18.




Ba uwambere gutanga igitekerezo

Tanga igitekerezo:



RSS FEED

U Rwanda rwongeye kugaragaza ko rwiteguye kwakira abimukira bazava mu Bwongereza

Perezida Kagame yagiranye ibiganiro na mugenzi we w'u Bufaransa

Nkunduwimye yashinjwe gufatanya na Georges Rutaganda gutanga intwaro zakoreshejw

Abanyarwanda bategujwe imvura idasanzwe mu mpera za Mata

Perezida Kagame yasobanuye uko Abanyarwanda bigobotoye imyumvire yo gutegera ama

U Rwanda na Georgia byemeranyije ubufatanye mu bya politiki na diplomasi

Hashyizweho uburyo bwo kwireba no kwiyimura kuri lisiti y’itora hakoreshej

FERWAFA yanyuzwe n'umusaruro w'Amavubi mu mezi ane ashize